عربيEnglish

The Noble Qur'an Encyclopedia

Towards providing reliable exegeses and translations of the meanings of the Noble Qur'an in the world languages

Those who set the ranks [As-Saaffat] - Kinyarwanda Translation

Surah Those who set the ranks [As-Saaffat] Ayah 182 Location Maccah Number 37

Ndahiye (abamalayika bahagaze) ku mirongo itunganye (basenga).

N’abajyana ibicu (babyerekeza aho Allah ashaka).

N’abasoma (amagambo ya Allah) basingiza (Nyagasani wabo).

Nyagasani w’ibirere n’isi ndetse n’ibiri hagati yabyo, akaba na Nyagasani w’uburasirazuba bwose.[1]

Tunakirinda buri shitani ryose ryigometse (dukoresheje ibishashi by’umuriro).

Ntashobora (amashitani) kumviriza (ibivugwa n’) abanyacyubahiro bo hejuru (abamalayika), kubera ko aterwa (ibishashi) mu mpande zose.

Bigamije kuyirukana. Kandi (no ku munsi w’imperuka) azahanishwa ibihano bihoraho.

Usibye iribashije kwiba (ibanga) bwangu nuko rigakurikizwa ibishashi by’umuriro.

Ngaho (yewe Muhamadi) babaze (abahakanyi b’i Maka) niba iremwa ryabo ari ryo rikomeye kurusha ibyo twaremye (ibirere n’isi ndetse n’imisozi). Mu by’ukuri twabaremye mu ibumba rimatira.

Ahubwo uratangazwa (no kuba bahakana izuka) naho bo banannyega (ubutumwa bwawe).

N’iyo bibukijwe (amagambo ya Allah) ntibibuka.

N’iyo babonye igitangaza (giturutse kwa Allah) bashishikarizanya kukinnyega.

Maze bakavuga bati “Iki si ikindi usibye ko ari uburozi bugaragara.”

Vuga (yewe Muhamadi) uti “Yego! (muzazurwa), kandi muzaba musuzuguritse.”

Mu by’ukuri impanda izavuzwa rimwe, maze (bazurwe) babone (ibyo basezeranyijwe).

Nuko bavuge bati “Mbega ishyano tubonye! Uyu ni umunsi w’ibihembo.”

(Abamalayika bazababwira) bati “Mukoranye inkozi z’ibibi n’abambari bazo ndetse n’ibyo basengaga,

“Munabahagarike kuko mu by’ukuri bagomba (kubanza) kubazwa.”

(Bazabazwa bati) “Byagenze bite ko mudatabarana (nk’uko mwabigenzaga ku isi)?”

Ahubwo kuri uwo munsi bazaba baciye bugufi (basuzuguritse).

Bavuga bati “Mu by’ukuri ni mwe mwatugeragaho mwitwaje idini kandi mugamije kutuyobya.”

Abandi babasubize bati “Ahubwo ntabwo mwari abemeramana”,

“None imvugo ya Nyagasani wacu idusohoreyeho ko tugomba kumva ububabare bw’ibihano.”

“Twarabayobeje kuko mu by’ukuri natwe twari twarayobye.”

Ahubwo (Intumwa Muhamadi) yazanye ukuri inahamya iby’Intumwa zayibanjirije.

Mu by’ukuri mwe (ababangikanyamana) mugiye kumva ibihano bibabaza.

Bazengurutswamo ibirahuri by’inzoga (zidasindisha) zavomwe mu migezi itemba,

Nta ngaruka zizabagiraho ndetse nta n’ubwo zizatuma bata ubwenge

Kandi bazaba bafite (abagore) barinda indoro zabo, b’amaso meza manini

Umwe muri bo azavuga ati “Mu by’ukuri nari mfite inshuti magara (ku isi)”,

Yajyaga ivuga iti “Ese wowe koko uri mu bemera (izuka)”?

“Ese nidupfa tugahinduka igitaka n’amagufa (akabora), tuzabazwa ibyo twakoze koko?”

Avuge ati “Ese mushobora kureba (mu muriro)?”

Avuge ati “Ndahiye ku izina rya Allah! Wari hafi yo kunyoreka.”

“Iyo bitaza kuba ku bw’inema ya Nyagasani wanjye, nanjye nari kuba mu bazanywe (mu muriro nka we).”

(Abazaba bari mu ijuru bazavuga bati) “Ese ntabwo tuzongera gupfa?”

“Usibye gusa urupfu rwacu rwa mbere, ndetse nta n’ubwo tuzahanwa (nyuma y’uko twinjiye mu ijuru)?”

Ese kwakirwa gutyo si ko kwiza, cyangwa (kwakirizwa) igiti cya Zaqum (kigira imbuto zirura cyane, ni byo byiza)?

Hanyuma ukugaruka kwabo kuzabe kwerekera mu muriro ugurumana.

Kandi rwose Nuhu yaratwiyambaje kandi ni twe beza bo gusubiza (uwatwiyambaje).

Tunamuha kuzasigara avugwa neza mu bazabaho nyuma ye.

Mu by’ukuri yari umwe mu bagaragu bacu b’abemeramana (twarokoye).

“Ese ibigirwamana mwihimbiye muretse Allah ni byo mushaka?”

“Ese mutekereza iki kuri Nyagasani w’ibiremwa byose?”

Maze aravuga ati “Mu by’ukuri njye ndarwaye”.[1]

Maze yinyabya (mu ibanga) ku bigirwamana byabo, nuko aravuga ati “Ese ntimurya (aya mafunguro mwateguriwe)?”

Maze arabyadukira (mu ibanga) abijanjaguza ukuboko kwe kw’iburyo.

Nuko (ba babangikanyamana) bagaruka bamugana bihuta.

Arababwira ati “Ese mugaragira ibyo mwihangiye”,

Nuko (amaze kurokoka umuriro) aravuga ati “Mu by’ukuri ngannye kwa Nyagasani wanjye, azanyobora.”

“Nyagasani wanjye! Mpa (umwana) uzaba umwe mu ntungane.”

Nuko tumuha inkuru nziza yo kuzabyara umuhungu witonda (ari we Isimayili).

Nuko bombi bamaze kumvira (itegeko rya Allah), (Ibrahimu) amuryamisha hasi yubitse umutwe (kugira ngo amubage).

Nuko tumucunguza igitambo gihambaye (intama).

Mu by’ukuri (Ibrahimu) yari umwe mu bagaragu bacu b’abemeramana.

Kandi twamuhaye inkuru nziza (yo kuzabyara) Isihaka, akaba umuhanuzi (ndetse akaba n’umwe) mu ntungane.

Kandi rwose Musa na Haruna twabahaye ingabire (y’ubutumwa).

Kandi twanabahaye kuzasigara bavugwa neza mu bazabaho nyuma yabo.

Ubwo yabwiraga abantu be ati “Ese ntimugandukira Allah?

Nuko (Iliyasi) baramuhinyura. Mu by’ukuri bazazanwa (kugira ngo bahanwe),

Twanamuhaye kuzasigara avugwa neza mu bazabaho nyuma ye.

Amahoro nabe kuri Iliyasi n’abamukurikiye.

Mu by’ukuri (Iliyasi) yari mu bagaragu bacu b’abemeramana.

Usibye gusa umukecuru (umugore we) wabaye mu basigaye (mu bihano),

Hanyuma abandi (bo mu mudugudu wa Sodoma) turabarimbura.

(Wibuke) ubwo yahungiraga (nta ruhushya rwa Allah) mu bwato bwuzuye (abantu n’ibintu).

Maze (akemera) kuba umwe mu batombora (kugira ngo bamenye urohwa mu nyanja), nuko aratsindwa (aba ari we uyirohwamo).

Nuko ifi iramumira agayitse (kuko yari yakoze igikorwa cyo gusiga abantu be atabiherewe uburenganzira na Allah).

Maze aho yari ari tuhameza uruyuzi rwera ibihaza (kugira ngo rumugirire akamaro)

Ngaho (yewe Muhamadi) babaze uti “Ese Nyagasani wawe afite abakobwa gusa, hanyuma bo bakagira abahungu?

Cyangwa twaremye abamalayika b’abakobwa babireba (ikaba ari yo mpamvu bavuga ko abamalayika ari igitsina gore)?

Mu by’ukuri no mu binyoma byabo (ababangikanyamana b’i Maka) baravuga (bati):

“Allah yarabyaye (bavugaga ko abamalayika ari abakobwa ba Allah)” Nyamara rwose ni abanyabinyoma!

None se (ni ukubera iki) yaba yaratonesheje abakobwa akabarutisha abahungu?

Ese mwabaye mute? Amahitamo yanyu ashingira kuki?

Kandi banashyize isano hagati Ye (Allah) n’amajini, nyamara amajini yo azi neza ko azazanwa (imbere ya Allah kugira ngo acirwe urubanza).

Ubutagatifu ni ubwa Allah, nta ho ahuriye n’ibyo bamwitirira!

Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera (ni bo batajya bagira ibyo bamwitirira).

Bityo, mu by’ukuri mwe (ababangikanyamana) ndetse n’ibyo mugaragira bitari Allah,

Kandi nta n’umwe muri twe (abamalayika) udafite umwanya uzwi (mu ijuru).

Mu by’ukuri twe (abamalayika) dutonda imirongo (dusali nk’uko Abayisilamu babigenza).

Kandi mu by’ukuri (ababangikanyamana b’i Maka) bajyaga bavuga bati:

“Iyo tuza kugira urwibutso tuvanye ku bo hambere (mbere y’uko Intumwa Muhamadi ihabwa ubutumwa),

Mu by’ukuri twari kuba abagaragu ba Allah b’imbonera.”

Nyamara (nyuma y’uko Qur’an ibagezeho) barayihakanye kandi vuba aha bazaba bamenya (ukuri).

Ndetse ko mu by’ukuri ingabo zacu ari zo zizatsinda.

Bityo rero (yewe Muhamadi), birengagize igihe runaka,

Maze ubahozeho ijisho, kuko bidatinze bazabona (ibihano).

Bityo rero (yewe Muhamadi), birengagize igihe runaka,

Unabahozeho ijisho, kuko bidatinze bazabona (ibihano).

Ubutagatifu ni ubwa Nyagasani wawe, Nyagasani Nyiricyubahiro! Nta ho ahuriye n’ibyo bamwitirira!

Kandi ishimwe n’ikuzo byuzuye ni ibya Allah, Nyagasani w’ibiremwa byose.