عربيEnglish

The Noble Qur'an Encyclopedia

Towards providing reliable exegeses and translations of the meanings of the Noble Qur'an in the world languages

The Ascending stairways [Al-Maarij] - Kinyarwanda Translation

Surah The Ascending stairways [Al-Maarij] Ayah 44 Location Maccah Number 70

Usaba yasabye ko ibihano bigomba kuzabaho bisohora,

(Nyamara ibyo bihano) nta kizabibuza kugera ku bahakanyi,

(Bizabageraho ku munsi w’imperuka) biturutse kwa Allah, nyir’amayira azamuka (agana mu ijuru).

Abamalayika ndetse na Roho (Malayika Jibrilu) bazamuka iwe (Allah) mu gihe cy’umunsi umwe ungana n’imyaka ibihumbi mirongo itanu (ya hano ku isi, abandi batari bo bakoresha muri urwo rugendo).

Bityo, ihangane (yewe Muhamadi) wifashishije ukwihangana kwiza.

Mu by’ukuri bo babona (imperuka) iri kure,

Nyamara twe tukabona iri hafi.

N’imisozi ikaba nk’ubwoya (bukemurwa ku matungo bukorwamo imyambaro)

Kandi nta nshuti izigera ibaza iby’inshuti yayo,

N’ubwo bazaba barebana (ndetse bakanamenyana, ariko nta cyo bazamarirana). Kubera ibihano by’uwo munsi, umunyabyaha azifuza gutangaho incungu abana be,

N’umuryango we yahungiragaho (akiri ku isi igihe ahuye n’ibimuteye ubwoba).

Ndetse n’abari mu isi bose (azifuza kubatangaho incungu) kugira ngo arokoke.

Ariko nta cyo bizamumarira! Ahubwo azajya mu muriro ugurumana,

Uzaba uhamagara uwo ari we wese wateraga umugongo akanirengagiza (ukuri gukubiye muri Qur’an),

Akanakusanya (umutungo) akawuhunika (ntawukoreshe mu nzira ya Allah).

Naho icyiza cyamugeraho, akaba umunyabugugu cyane.

Wagenewe usaba n’uwiyumanganyije (nyamara akeneye ubufasha);

Kubera ko mu by’ukuri ibihano bya Nyagasani wabo nta n’umwe wakwizera ko bitamugeraho.

Na ba bandi barinda ibyo baragijwe ndetse bakubahiriza n’amasezerano yabo.

None se ni iyihe mpamvu ituma abahakanyi bakugana (yewe Muhamadi) bihuta (bashaka kukumva, kandi batakwemera)?

Ntabwo ari ko bimeze! Mu by’ukuri twabaremye tubakomoye mu byo bazi[1] (ariko banga kwemera).

Bityo, ndahiye ku izina rya Nyagasani w’Uburasirazuba bwose n’Uburengerazuba bwose, ko rwose dushoboye,