عربيEnglish

The Noble Qur'an Encyclopedia

Towards providing reliable exegeses and translations of the meanings of the Noble Qur'an in the world languages

The emissaries [Al-Mursalat] - Kinyarwanda Translation

Surah The emissaries [Al-Mursalat] Ayah 50 Location Maccah Number 77

Ndahiye imiyaga yoherezwa ikurikiranye,

N’imiyaga ikwirakwiza ibicu n’imvura,

N’(imirongo ya Qur’an) itandukanya ukuri n’ikinyoma,

N’abamalayika bazanira amahishurirwa (Intumwa za Allah),

Kugira ngo avaneho urwitwazo cyangwa kugira ngo aburire.

Mu by’ukuri ibyo musezeranywa bizasohora.

Igihe inyenyeri zizakurwaho (urumuri rwazo rukazima),

N’igihe imisozi izariturwa igatumuka nk’ivumbi,

N’igihe Intumwa zizakoranyirizwa hamwe ku gihe cyagenwe (kugira ngo zitange ubuhamya ku bo zatumweho),

Ni uwuhe munsi (ibyo byose) byarindirijwe?

Ni ku munsi w’urubanza (ubwo Allah azakiranura ibiremwa).

Ni iki cyakumenyesha umunsi w’urubanza icyo uzaba uri cyo?

Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).

Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).

Nuko tukayashyira mu cyicaro gitekanye (nyababyeyi),

Nuko tukagena (imikurire y’umwana n’ivuka rye) kandi ni twe duhebuje mu kugena.

Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).

Ry’abazima (bayituyeho) n’abapfuye (bayishyinguwemo)?

Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).

(Abahakanyi bazabwirwa bati) “Ngaho nimujye aho mwajyaga muhinyura (mu muriro wa Jahanamu)!”

“Ngaho nimujye mu gicucu (cy’umwotsi wa Jahanamu) kigabanyijemo amashami atatu”,

“Nta bwugamo gitanga ndetse nta n’ubwo kirinda ikibatsi cy’umuriro”,

Mu by’ukuri (uwo muriro) utera ibishashi bingana n’inyubako nini,

(Ibyo bishashi) bimeze nk’ingamiya z’amagaju.

Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).

Kuri uwo munsi, nta cyo bazaba bashobora kuvuga.

Nta n’uburenganzira bazahabwa bwo kugira urwitwazo batanga.

Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).

Uwo uzaba ari umunsi w’urubanza, ubwo (mwe) n’abo hambere, tuzaba twabakoranyirije hamwe.

Niba hari amayeri mufite (yo guhunga ibihano byanjye), ngaho nimuyankorere.

Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).

Mu by’ukuri abagandukira (Allah), (ku munsi w’imperuka) bazaba bari hagati y’ibicucu (by’ibiti byo mu ijuru) ndetse n’amasoko (atemba),

(Bazaba bahabwamo) n’imbuto (z’amoko anyuranye) bazajya bifuza;

(Bazabwirwa bati) “Nimurye, munywe kandi mugubwe neza kubera ibyo mwajyaga mukora.”

Ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyura (umunsi w’izuka).

(Yemwe bahakanyi) “Nimurye munishimishe by’igihe gito (mu buzima bwo ku isi), kuko rwose muri inkozi z’ibibi.”

Ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyura (umunsi w’izuka).

N’iyo babwiwe bati “Nimwuname (musali)!” Ntabwo bunama (ngo basali).

Ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyura (umunsi w’izuka).

None se nyuma y’iyi (Qur’an) ni ayahe magambo yandi bazemera?