The Noble Qur'an Encyclopedia
Towards providing reliable exegeses and translations of the meanings of the Noble Qur'an in the world languagesThe tidings [An-Naba] - Kinyarwanda Translation
Surah The tidings [An-Naba] Ayah 40 Location Maccah Number 78
Ni iki (abahakanyi b’abakurayishi) babazanyaho?
Ku nkuru ihambaye (Qur’an n’umunsi w’imperuka),
(Iyo nkuru) batavugaho rumwe (hagati y’abayemera n’abayihakana).
Oya! Rwose bidatinze bazamenya!
Oya nanone! Bidatinze bazamenya!
Ese isi ntitwayigize nk’isaso?
N’imisozi tukayigira nk’imambo?
Tukanabarema muri ibitsina byombi (gabo na gore)?
Kandi ibitotsi byanyu twabigize uburyo bw’ikiruhuko.
N’ijoro turigira nk’umwambaro (binyuze mu mwijima waryo).
N’amanywa tuyagira ayo gushakiramo imibereho.
Tunubaka hejuru yanyu (ibirere) birindwi bikomeye.
Ndetse (n’izuba) turigira itara rimurika cyane.
Tunamanura mu bicu amazi menshi yisuka,
Kugira ngo tuyamereshe impeke n’ibimera,
N’imirima y’ibiti by’inzitane.
Mu by’ukuri umunsi w’urubanza ufite igihe ntarengwa,
Umunsi impanda izavuzwa, maze mukaza muri amatsinda.
N’ikirere kizakingurwa maze gihinduke nk’amarembo,
N’imisozi izakurwa mu myanya yayo, imere nk’ibirorirori.
Mu by’ukuri umuriro wa Jahanamu urarekereje,
Ni wo garukiro ry’ibyigomeke,
Bizawubamo imyaka n’imyaniko.
(Ibyo byigomeke) ntibizawumvamo amafu cyangwa ikinyobwa,
Uretse amazi yatuye n’amashyira,
(Ibyo bikazaba) ari igihembo gikwiye (ibikorwa bibi bakoraga).
Kuko mu by’ukuri batajyaga bizera ibarura,
Ndetse banahinyuraga amagambo yacu cyane.
Kandi byose twarabibaruye mu nyandiko.
Ngaho nimusogongere (ingaruka z’ibikorwa byanyu bibi), kandi nta kindi tubongerera usibye ibihano.
Mu by’ukuri abagandukira Allah bazabona intsinzi (Ijuru);
Ubusitani n’imizabibu,
N’inkumi z’urungano (Huur-ul Ayn),
Ndetse n’ibirahuri byuzuye (ibinyobwa bidasindisha).
Nta magambo adafite umumaro cyangwa ikinyoma bazumviramo.
(Ibyo bizaba) ari ibihembo biturutse kwa Nyagasani wawe; impano ijyanye (n’ibikorwa byabo).
Nyagasani w’ibirere n’isi n’ibiri hagati yabyo, Nyirimpuhwe. (Ku munsi w’imperuka), nta bushobozi bwo kugira icyo bamuvugisha bazaba bafite (keretse abishatse).
Umunsi Roho (Malayika Jiburilu) n’abandi bamalayika bazahagarara ku mirongo, ntibazavuga keretse uwo (Allah) Nyirimpuhwe azabihera uburenganzira, kandi akavuga ibiri ukuri.
Uwo munsi ni ukuri (uzaza nta gushidikanya). Bityo, ubishaka yakwiteganyiriza kwa Nyagasani we aho azashyikira.
Mu by’ukuri twababuriye ibihano byegereje; umunsi umuntu azabona ibyo yakoze, naho umuhakanyi akazavuga ati “Iyaba nari mbaye igitaka.”