عربيEnglish

The Noble Qur'an Encyclopedia

Towards providing reliable exegeses and translations of the meanings of the Noble Qur'an in the world languages

Those who drag forth [An-Naziat] - Kinyarwanda Translation

Surah Those who drag forth [An-Naziat] Ayah 46 Location Maccah Number 79

Ndahiye abamalayika bashikanuza (roho z’abahakanyi) n’ubukana buhambaye,

N’abamalayika bakuramo (roho z’abemeramana) bitonze,

N’abamalayika bogoga ikirere bihuta (batwaye izo roho),

N’abamalayika bihutana (ubutumwa babuzaniye Intumwa za Allah ku isi).

N’abamalayika bashyira mu bikorwa ibyo bategetswe.

Umunsi (impanda ya mbere izavuzwa), maze isi n’imisozi bigatigita bikabije (buri kiremwa kigapfa),

(Umutingito wa mbere) uzakurikirwa n’undi mutingito (maze buri kiremwa kizuke),

Uwo munsi imitima (ya bamwe) izaba ifite ubwoba n’agahinda,

Ndetse n’indoro yabo izaba yaciye bugufi (isuzuguritse).

Bazavuga bati “Ese mu by’ukuri tuzasubizwa mu buzima (bwacu bwo ku isi) twahozemo?”

“Ese n’iyo twaba twabaye amagufa ashangutse?”

Bazavuga bati “Uko kugaruka kwacu (ku isi twifuza) kwaba ari igihombo!”

Mu by’ukuri hazabaho indi mpanda izavuzwa rimwe gusa.

Icyo gihe bazisanga imusozi (bongeye kuba bazima nyuma yo gupfa).

Ubwo Nyagasani we yamuhamagaraga ari mu kibaya gitagatifu cya Tuwa (agira ati),

Umubwire uti “Ese ushobora kwiyeza (ukareka icyaha cy’ubuhakanyi, ukaba umwemeramana)?”

“Nkakuyobora kwa Nyagasani wawe kugira ngo umutinye?”

Ariko (Farawo) yarahinyuye aranigomeka;

Maze atera umugongo akataza (ashishikariza abantu be kudakurikira Musa).

Nuko akoranya (abantu be), avuga mu ijwi riranguruye,

Agira ati “Ni njye nyagasani wanyu w’ikirenga.”

Bityo Allah amuhana by’intangarugero kubera icyaha cya nyuma (yakoze) n’icya mbere.[1]

Mu by’ukuri muri ibyo harimo isomo kuri buri wese utinya Allah.

Ese (yemwe bantu) iremwa ryanyu ni ryo rikomeye, cyangwa ikirere (Allah) yubatse (ni cyo gikomeye)?

Yazamuye igisenge cyacyo, maze aragitunganya.

Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.

Ariko igihe icyago gihambaye (umunsi w’imperuka) kizaza,

Umuriro wa Jahanamu ukagaragarizwa (buri wese) ureba.

Agahitamo ubuzima bwo kuri iyi si (agakurikira ibibi aterwa n’irari rye),

Mu by’ukuri umuriro wa Jahanamu uzaba ubuturo (bwe).

Ariko wa wundi watinye kuzahagarara imbere ya Nyagasani we, akanabuza umutima we kurarikira ibibi,

Mu by’ukuri, ubusitani (Ijuru) buzaba ubuturo (bwe).

(Abahakanyi) barakubaza (yewe Muhamadi) ku bijyanye n’igihe imperuka izabera

Nta bumenyi ufite bwo kugira icyo uyivugaho,

Ahubwo wowe (Muhamadi) nta kindi uri cyo uretse kuba uri umuburizi w’abatinya (umunsi w’imperuka).