The Noble Qur'an Encyclopedia
Towards providing reliable exegeses and translations of the meanings of the Noble Qur'an in the world languagesThe Mansions of the stars [Al-Burooj] - Kinyarwanda Translation
Surah The Mansions of the stars [Al-Burooj] Ayah 22 Location Maccah Number 85
Ndahiye ikirere gifite inyenyeri nini nyinshi (zimurika nijoro),
N’umunsi w’isezerano (umunsi w’imperuka),
N’umunsi w’ubuhamya (umunsi wa Idjuma) ndetse n’umunsi w’ikoraniro (umunsi wa Arafat).
Abantu bacukuriye abemeramana imyobo (yo kubatwikiramo) baravumwe,[1]
Ubwo bacanaga umuriro ugurumana cyane,
Ubwo babaga bawicaye impande,
Kandi babaga bashungereye ibyo bakoreraga abemeramana (babatwika).
Kandi nta kindi babahoraga usibye kuba baremeye Allah, Umunyacyubahiro uhebuje, Ushimwa cyane,
Ufite ubwami bw’ibirere n’isi! Kandi Allah ni Umuhamya wa buri kintu.
Mu by’ukuri abatoteje abemeramana n’abemeramanakazi (babakorera iyicarubozo), nyuma ntibicuze (kuri Allah), bazahanishwa ibihano by’umuriro wa Jahanamu, banahanishwe ibihano bitwika.
Mu by’ukuri abemeye bakanakora ibikorwa byiza, bazagororerwa ubusitani butembamo imigezi (Ijuru). Iyo ni yo ntsinzi ihebuje.
Mu by’ukuri ibihano bya Nyagasani wawe (yewe Muhamadi) birakaze.
Mu by’ukuri ni We waremye (ibiremwa bitari biriho) kandi ni na We uzabigarura (ku munsi w’imperuka).
Kandi ni We Ubabarira ibyaha, Umukunzi (w’abemeramana),
Nyiri Ar’shi[1], Nyirikuzo,
Ukora ibyo ashaka akanabinoza.
Ese wamenye inkuru z’ingabo?
Za Farawo n’iz’aba Thamudu?
Ahubwo abahakanye (bakomeje) guhinyura (ukuri).
Kandi Allah azi neza ibikorwa byabo byose (kandi azabibahanira).
Ahubwo iyi ni Qur’an yubahitse,
(Yanditse) ku rubaho rurinzwe (Lawuhul Mahfudh).