عربيEnglish

موسوعة القرآن الكريم

نحو توفير تفاسير وتراجم موثوقة لمعاني القرآن الكريم بلغات العالم

سورة الفجر - Kinyarwanda Translation

سورة الفجر عدد آياتها 30 مكان النزول مكة وترتيبها في المصحف 89

N’amajoro cumi (ya mbere y’ukwezi gutagatifu kwa Dhul-Hijja),

N’ikitari igiharwe ndetse n’igiharwe (mu biremwa byose bya Allah),

Ese muri izo (ndahiro) ntiharimo ibimenyetso bifatika ku muntu ufite ubwenge (bituma areka ibyaha n’ubuhakanyi)?

Ese (yewe Muhamadi) ntiwamenye uko Nyagasani wawe yagenje aba Adi?

(Abantu b’) Irama (bari barebare cyane), bafite n’inyubako ndende (zifite inkingi ndende),

Bo (abo ba Irama) ntihigeze haremwa abandi bameze nka bo mu yindi mijyi.

N’aba Thamudu bacongaga urutare mu bibaya (bakarukoramo inyubako)?

Na Farawo wari ufite imambo (yazirikagaho abantu abakorera iyicarubozo)?

Mu by’ukuri Nyagasani wawe yiteguye guhana (inkozi z’ibibi).

Nuko Nyagasani wawe akaza (guca imanza) ndetse n’abamalayika bari ku mirongo ikurikiranye,

Azicuza avuga ati “Iyaba nari narateganyirije ubuzima bwanjye (nkora ibikorwa byiza)!

Kuri uwo munsi ibihano (Allah) azahanisha nta wundi ushobora kubihanisha.

Kandi azanaboha (abahakanyi) ukuboha kutashoborwa n’undi uwo ari we wese.

“Maze winjire mu bagaragu banjye (b’intungane)”,

“Uninjire mu Ijuru ryanjye!”