Main pages

Surah The Mansions of the stars [Al-Burooj] in Kinyarwanda

Surah The Mansions of the stars [Al-Burooj] Ayah 22 Location Makkah Number 85

وَٱلسَّمَآءِ ذَاتِ ٱلْبُرُوجِ ﴿1﴾

Ndahiye ikirere gifite inyenyeri nini nyinshi (zimurika nijoro),

وَٱلْيَوْمِ ٱلْمَوْعُودِ ﴿2﴾

N’umunsi w’isezerano (umunsi w’imperuka),

وَشَاهِدٍۢ وَمَشْهُودٍۢ ﴿3﴾

N’umunsi w’ubuhamya (umunsi wa Idjuma) ndetse n’umunsi w’ikoraniro (umunsi wa Arafat).

قُتِلَ أَصْحَٰبُ ٱلْأُخْدُودِ ﴿4﴾

Abantu bacukuriye abemeramana imyobo (yo kubatwikiramo) baravumwe,[1]

ٱلنَّارِ ذَاتِ ٱلْوَقُودِ ﴿5﴾

Ubwo bacanaga umuriro ugurumana cyane,

إِذْ هُمْ عَلَيْهَا قُعُودٌۭ ﴿6﴾

Ubwo babaga bawicaye impande,

وَهُمْ عَلَىٰ مَا يَفْعَلُونَ بِٱلْمُؤْمِنِينَ شُهُودٌۭ ﴿7﴾

Kandi babaga bashungereye ibyo bakoreraga abemeramana (babatwika).

وَمَا نَقَمُوا۟ مِنْهُمْ إِلَّآ أَن يُؤْمِنُوا۟ بِٱللَّهِ ٱلْعَزِيزِ ٱلْحَمِيدِ ﴿8﴾

Kandi nta kindi babahoraga usibye kuba baremeye Allah, Umunyacyubahiro uhebuje, Ushimwa cyane,

ٱلَّذِى لَهُۥ مُلْكُ ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلْأَرْضِ ۚ وَٱللَّهُ عَلَىٰ كُلِّ شَىْءٍۢ شَهِيدٌ ﴿9﴾

Ufite ubwami bw’ibirere n’isi! Kandi Allah ni Umuhamya wa buri kintu.

إِنَّ ٱلَّذِينَ فَتَنُوا۟ ٱلْمُؤْمِنِينَ وَٱلْمُؤْمِنَٰتِ ثُمَّ لَمْ يَتُوبُوا۟ فَلَهُمْ عَذَابُ جَهَنَّمَ وَلَهُمْ عَذَابُ ٱلْحَرِيقِ ﴿10﴾

Mu by’ukuri abatoteje abemeramana n’abemeramanakazi (babakorera iyicarubozo), nyuma ntibicuze (kuri Allah), bazahanishwa ibihano by’umuriro wa Jahanamu, banahanishwe ibihano bitwika.

إِنَّ ٱلَّذِينَ ءَامَنُوا۟ وَعَمِلُوا۟ ٱلصَّٰلِحَٰتِ لَهُمْ جَنَّٰتٌۭ تَجْرِى مِن تَحْتِهَا ٱلْأَنْهَٰرُ ۚ ذَٰلِكَ ٱلْفَوْزُ ٱلْكَبِيرُ ﴿11﴾

Mu by’ukuri abemeye bakanakora ibikorwa byiza, bazagororerwa ubusitani butembamo imigezi (Ijuru). Iyo ni yo ntsinzi ihebuje.

إِنَّ بَطْشَ رَبِّكَ لَشَدِيدٌ ﴿12﴾

Mu by’ukuri ibihano bya Nyagasani wawe (yewe Muhamadi) birakaze.

إِنَّهُۥ هُوَ يُبْدِئُ وَيُعِيدُ ﴿13﴾

Mu by’ukuri ni We waremye (ibiremwa bitari biriho) kandi ni na We uzabigarura (ku munsi w’imperuka).

وَهُوَ ٱلْغَفُورُ ٱلْوَدُودُ ﴿14﴾

Kandi ni We Ubabarira ibyaha, Umukunzi (w’abemeramana),

ذُو ٱلْعَرْشِ ٱلْمَجِيدُ ﴿15﴾

Nyiri Ar’shi[1], Nyirikuzo,

فَعَّالٌۭ لِّمَا يُرِيدُ ﴿16﴾

Ukora ibyo ashaka akanabinoza.

هَلْ أَتَىٰكَ حَدِيثُ ٱلْجُنُودِ ﴿17﴾

Ese wamenye inkuru z’ingabo?

فِرْعَوْنَ وَثَمُودَ ﴿18﴾

Za Farawo n’iz’aba Thamudu?

بَلِ ٱلَّذِينَ كَفَرُوا۟ فِى تَكْذِيبٍۢ ﴿19﴾

Ahubwo abahakanye (bakomeje) guhinyura (ukuri).

وَٱللَّهُ مِن وَرَآئِهِم مُّحِيطٌۢ ﴿20﴾

Kandi Allah azi neza ibikorwa byabo byose (kandi azabibahanira).

بَلْ هُوَ قُرْءَانٌۭ مَّجِيدٌۭ ﴿21﴾

Ahubwo iyi ni Qur’an yubahitse,

فِى لَوْحٍۢ مَّحْفُوظٍۭ ﴿22﴾

(Yanditse) ku rubaho rurinzwe (Lawuhul Mahfudh).